Minisiteri y’uburezi mu Rwanda yatangaje ko yungutse abarimu bagera kuri 45 bazajya bigisha igifaransa mu mashuri yo mu Rwanda ku bufatanye n’umuryango w’Ibihugu bikoresha igifaransa OIF.
Iki cyemezo kiri muri gahunda yagutse y’umuryango yo kohereza abarimu bagera ku 100 mu Rwanda mu myaka ibiri iri imbere, umushinga ugamije kuzamura imyigishirize y’Igifaransa mu bihugu bigize uyu muryango.
Amakuru avuga ko abarimu baturuka muri Bénin, Senegali, Côte d’Ivoire, Mali, Burkina Faso, Gabon, Kameruni, DR Congo, u Burundi, Guinea, Togo n’u Bufaransa. Muri iyi gahunda y’imikorere, OIF ishakisha kandi ikohereza abarimu b’Igifaransa mu bihugu bigize uyu muryango byagaragaje ko ari ngombwa kuzamura ururimi mu baturage.
Mu Rwanda, bazoherezwa mu mashuri yo mu bice bitandukanye by’igihugu, benshi bakaba barashyizwe mu Ishuri Rikuru ryigisha abarimu (TTC). Mu gihe cy’imyaka ibiri (umwaka umwe, ushobora kongerwa), bazigisha Igifaransa ku banyeshuri ndetse bahugure abarimu bagenzi babo.
Rubifashijwemo n’ubunararibonye bwa OIF, u Rwanda ruteganya gutegura gahunda y’igihugu yo kwigisha no kwiga Igifaransa, kijyanye n’ingamba z’urwego rw’uburezi mu gihugu.