Umudepite ku rwego rw’igihugu watorewe muri Goma, Josué Mufula, yasabye Repubulika ya Demokarasi ya Congo gutangiza intambara ku Rwanda na Uganda kubera icyo yita uruhare rw’ibi bihugu mu guhungabanya uburasirazuba bw’igihugu.
Uyu mudepite unabarizwa muri Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe ubwirinzi n’umutekano yasabye ibi kuri uyu wa Kabiri ushize yamagana byimazeyo gutora itegeko ryemerera guha guverinoma ububasha bwo gukemura ibibazo bimwe na bimwe birimo kongerera igihe ubuyobozi bwa gisirikare (mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri).
Nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ivuga, kuri Depite Josué Mufula, ngo ni ngombwa gutekereza izindi ngamba zishoboka ku kibazo cy’umutekano ukomeje guhungabana muri kiriya gice cy’igihugu, aho kujya mu byo kongera buri gihe igihe cy’ubuyobozi bwa gisirikare mu ntara zavuzwe kandi nta gihinduka.